Nubona ibi bimenyetso uzamenye ko utwite umuhungu

0
165

 

Iyo wumvise ngo kanaka yabyaye, ikintu cya mbere kikuza mu mutwe ni ukubaza uti “yabyaye iki?”ayo matsiko ugira utari

mama w’umwana, umubyeyi ayagira akimara kumenya ko yasamye.

Ubusanzwe kugira ngo igitsina cy’umwana kimenyekane, hifashishishwa imashini ya Échographe ikoreshwa kwa muganga,

ifite ubushobozi bwo kureba ibiri imbere mu mubiri w’umuntu ikoresheje amajwi yitwa ‘Ultrason’ abasha gucengera mu

mubiri w’umuntu, akerekana ibice birimo imbere bityo ukabasha kumenya igitsina cy’umwana uri mu nda.

Gusa ibi biba bishobora kugaragara nibura nyuma y’amezi ane umubyeyi asamye.

Ariko hari ibindi bimenyetso bya gakondo bihurizwaho na benshi byakwereka ko utwite umuhungu na mbere yuko ayo mezi

agera ngo ujye kwa muganga.

Ibyo bimenyetso ni ibi bikurikira:

1.Umusatsi wawe ukura vuba kandi ukorohera

Iyo utwitse umuhungu, umusatsi wawe ukura uba muremure kandi woroherereye cyane bitandukanye nuko wari umeze.

Uyu si umusatsi wo ku mutwe gusa kuko n’ahandi hose ku mubiri hari umusatsi niko bigenda.

2.Kwanga ibiryo

Niba ujya wibaza impamvu abagore bamwe bifuza ibiryo runaka abandi bagahurwa byose, bifitanye isano n’igitsina baba

batwite. Ubushakashatsi bwakozwe bwerekana ko abagore bakunze kwanga ibiryo cyane cyangwa se nyuma yo kurya

bakagira iseseme cyane, bakunze kubyara abahungu.

Impamvu ni uko umubiri w’umugore uba ufite akazi kenshi ko kurinda ingobyi y’umwana w’umuhungu kurusha umukobwa,

kuko iy’umuhungu yangirika byoroshye kurusha umukobwa.

 

umugore utwite umuhungu yanga ibiryo akenshi yamara no kurya akagira isesemi.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

3.Ntago urwaragurika.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko Ababyeyi batwite abahungu badakunze kurwaragurika mu gihembwe cya mbere cyo gutwita

kwabo nk’abatwite abakobwa. Kuko abatwite abakobwa bakunda kurwara cyane cyane mu gitondo babyutse.

4.Kumagara mu ntoki

Igihe intoki zawe no mu biganza humagaye mu gihe utwite, hari amahirwe menshi ko ufite umuhungu mu nda

yawe.bikemezwa ko iyo mu ntoki horohereye mu gutwita ,uba uzabyara umukobwa.

5.Ubwoko bw’ibiryo ukunda

Ubwoko bw’ibiryo umugore utwite yibandaho cyane bishobora kukwereka igitsina atwite.

Niba umugore yikundiye ibiryohera n’ibirimo isukari cyane, akenshi aba atwite umukobwa.

Niba umugore akunda ibiryo birimo urusenda, ashaka inyama mbese agira amerwe cyane  biba byerekana ko umuhungu ari we uzavuka muri iyo nda.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here